AMATEGEKO  NGENGAMIKORERE Y ‘IKIMINA “DUHIRWE”  

YEMEJWE N’INTEKO RUSANGE YO KUWA 6 MATA 2020

 

 

UMUTWE WA I: ISHINGWA, IZINA N’ICYICARO

 

Ingingo ya  mbere  :  Ishingwa  ry’Ikimina .

Mu rwego   rwo  kwiteza  imbere   no  ubucuruzi bwacu, twagize  igitekerezo   cyo gushyiraho   Ikimina   kigamije  kuzigama    no  kugurizanya.

 

Ingingo ya 2 : Izina

 Ikimina  kimaze gushingwa cyahawe izina rya “DUHIRWE“ (Duharanire Iterambere ry’u Rwanda rw’Ejo).

Ingingo ya 3 : Icyicaro  cy’lkimina

Ikimina  “Duhirwe: ifite   icyicaro    cyayo   mu   Karere    ka   Nyarugenge, Umurenge waNyarugenge, Akagari ka Kiyovu, Akagari ka Nyarurembo, kandi gishobora kwimurirwa  ahandi hose mu gihugu bibaye ngombwa.

 

Ingingo   ya   4 :   Intego z’Ikimina    

Ikimina “Duhirwe” ifite intego zikurikira:

  • Kuzigama no kugurizanya
  • Kuzamurana no kwiteza imbere… ::~·–. _
  • Kwishakamo  ubushobozi
  • Gukora imishinga ibyara  inyungu

UMUTWE WA II: IBYEREKEYE ABANYAMURYANGO

 

Ingingo ya 5: lbisabwa kugirango ube umunyamuryango

Kugira ngo umuntu aba umunyamuryango w’Ikimina “Duhirwe”, asabwa ibi bikurikira:

  • Kuba yarandikiye Perezida w’Ikimina “Duhirwe” abisaba akabyemererwa n’Inteko Rusange.
  • Kuba yemera amategeko n’amabwiriza agenga ikimina“Duhirwe”
  • Kuba yaratanze  umugabane w’ubwizigame nibuze bw’ukwezi kumwe.  

 

Ingigo ya 6: Inshingano z’Umunamuryango

Umunyamuryango w’ikimina afite inshingano zikurikira:

  1. Kubahiriza amategeko ngengamikorere y’ikimina n’ibyemezo byafashwe n’inzego zacyo zibishinzwe;
  1. Gutanga imisanzu nk’uko byumvikanyweho;
  1. Kwishyura inguzanyo yahawe n’ikimina n’inyungu zijyanye na yo;
  1. Kwitabira inama zateguwe n’ikimina.
  1. Kubahiriza amabwiriza yihariye y’itsinda abarizwamo.

 

Ingingo ya 7: Kureka kuba umunyamuryango w’Ikimina

Umuntu ashobora kuhagaruka kuba umunyamuryango kubera impamvu zikurikira:

  • asabye gusezera mu kimina akabyemererwa n’Inteko Rusange,
  • ahagaritswe by’agateganyo cyangwa yirukanwe burundu n’Inteko Rusange,
  • yitabye Imana.

Ingigno ya 8: Gusubizwa Imigabane

Umunyamuryango uhagaritswe by’agateganyo mu kimina, ntabwo asubizwa imigabane ye kugera igihe impamvu zatumye aharikwa zitakiriho. Naho umunyamuryango uhagaritswe burundu mu kimina asubizwa ubwizigame bwe bwose havuyemo amafaragna yaba afititye Ikimina.

 

Ingingo ya 9: Uburenganzira  bw’Umunyamuryango

Umunyamuryango afite uburenganzira bukurikira :

  • Kumenyeshwa ibikorerwa mu Ikimina  
  • Gutanga ibitekerezo bye ku mizamukire y’Ikimina.
  • Kubona serivisi zitangwa n’Ikimina hakurikijwe  amategeko yacyo.

UMUTWE WA III: INZEGO

 

Ingingo ya 10;  Inzego ziyobora ikimina “Duhirwe”  

Ikimina kiyoborwa n’inzego zikurikira:

  • Inteko Rusange
  • Komite Nyobozi
  • Ko mite Ngenzuzi
  • Komite Ishinzwe Inguzanyo
  • Amatsinda y’abanyamuryango

Ingingo ya 11: Imiterere n’abagize Inteko  Rusange

Inteko    Rusange    ni   rwo    rwego    rukuru    rw’ikimina.     Igizwe n’abanyamuryango   bose b’ikimina. Inteko Rusnge iterana kabiri mu mwaka: bwa mbere  nama isanzwe n’ubwa kabiri mu nama idasanzwe.

Ingingo ya 12: Inshingano z’Inteko Rusange

Inteko Rusange ifite Ububasha  n’Inshingano  bikurikira:

  • Gushyiraho inzengo ziyobora Ikimina
  • Kwemeza amategeko agenga Ikimina;
  • Kwemeza abanyamuryango  bashya;
  • Kwemeza, guhagarika by’agateganyo cyangwa gusezeraera umunyamuryango;
  • Gufata ibindi byemezo biri mu bubasha

 

Ingingo ya 13: Inama z’Inteko Rusange   ·

Inama z’Inteko      Rusange      itumizwa mu minsi 15 igaterana iyo  2/3      by’abanyamuryango babonetse. Iyo uwo mubare utabone,  inama  irasubikwa, ikongera  gutumizwa    mu minsi  irindwi.   Icyo gihe iyo 2/3   by’abanyamurya.ngo ·batabonetse   na none, abahari bose biga ingingo zari ziteganyijwe, bagafata  ibyemezo  bifite agaciro kandi bikubahirizwa   n’abanyamuryango   bose.

Ingingo ya 14: Komite  Nyobozi         .

Komite nyobozi  igizwe na Perezida, Visi Perezida, Umwanditsi, Umubitsi,

n’Abajyanama batatu (3). Iyo bibaye ngombwa abagize Komite bunganirwa n’abahagarariye amatsinda bagakora Komite Nyobozi yaguye. Abagize Komite Nyobozi batorerwa manda y’imyaka  itatu (3) ishobora

 

kuvugururwa.

 

Ingingo ya 15: Inshingano za Komite Nyobozi

Komite Nyabozi ifite inshingano zikurikira:

  • Kuyobora ibikorwa byose by’ikimina;
  • Gutegura Inteko Rusange y’Abanyamuryango
  • Guhuza ibikorwa by’ amatsinda agize Ikimina;
  • Kwakira no kugera ku Nteko Rusange  ubusabe  bw’abifuza  kwinjira mu Kimina;
  • Gukora inama buri kwezi n’igihe cyose bibaye ngombwa.

Ingingo ya 16: Komite Ngenzuzi.  ·

Komite Ngenzuzi igizwe n’abantu batatu (Urnuyobozi, umwungirije n’umwanditsi)   batorwa n’Inteko  Rusange mu banyamuryango   b’ikimina “Duhirwe”. Abagize  Komite  Ngenzuzi  batorerwa Manda  y’imyaka itatu (3) ishobora kuvugururwa.

Ingingo ya 17: lnshingano za Komite Ngenzuzi

Komite  Ngenzuzi  ifite inshingano   zikurikira:

  • Kugenzura imicungire y’umutungo:
  • Gukora raporo   y’ubugenzuzi  ikayishyikiriza    Inteko  Rusange mu nama  zayo  zisanzwe;
  • Kugenzura  imikorere ya Komite  Nyobozi  no kuyigira  inama;
  • Kugenzura  uko inguzanyo   zitangwa   n’uko  zishyurwa;
  • Gutanga inama  ku byateza imbere  ikimina  “Duhirwe”.

Ingingo ya 18: Komite Ishinzwe Inguzanyo

Komite   Ishinzwe    Inguzanyo    igizwe   n’abantu   batatu (Umuyobozi, umwungirije  n’umwanditsi)    batorwa    n’Inteko    Rusange     mu banyamuryango    b’ ikimina. Abagize     Komite    Ishinzwe Inguzanyo     batorerwa     Manda    y’imyaka    ibiri  (2)    ishobora kuvugugurwa..

Ingingo ya 19: Inshingano za Komite Ishinzwe Inguzanyo

Komite  Ishinzwe   Inguzanyo   ifite inshingano   zikurikira:

  • Kwakira no gusuzuma  ubusabe bw’Inguzanyo;
  • Gufata icyemezo ku busabe bw’inguzanyo yakiriye;
  • Gushyikiriza Komite Nyobozi     urutonde     rw’abamerewe inguzanyo;
  • Gukora  no  gushyikiriza  Komite    buri  kwezi raporo ,igaragaza uko inguzanyo zishyuzwa,
 
 

UMUTWE WA IV: INKOMOKO Y’UMUTUNGO W’IKIMINA   

Ingingo ya  20:  Inkomoko  y’umutungo

Umutungo  w’ikimina “Duhirwe” uturuka  ku:

  • Imisanzu itangwa   n’abanyamuryango;
  • Ubwizigame b’abanyamuryango bujya mu isanduku y’ingoboka;
  • Inyungu zavuye  mu bikorwa   Ikimina   cyashoyemo   umutungo;
  • Inguzanyo;
  • Lmpano;
  • Imirage;

Ingingo ya 21:  Umusanzu n’ubwizigame bw’Abanyamuryango

  1. Abanyamuryango b’Ikimina “Duhirwe” batanga umusazu n’ubwizigame buri cyumweru. Imisanzu igamije kubona imari-shingiro igurizwamo abanyamuryango naho ubwizigame bujya mu isanduku y’ingoboka.
  2. Umunyamuryango atangira kugurizwa ari uko amaze kuzuza nibuze imisanzu ingana n’amafaranga ibihumbi ijana (100,000Rwf).
  3. Ingano y’umusanzu utangwa buri cyumweru yemezwa n’Inteko Rusange.
  4. Umunyamuryango ugejeje ku misanzu ingana na miliyoni icumi (10,000,000Rwf) no gufata icyemezo yemerewe kurekeraho gutanga umusanzu, ariko ashobora gukomeza kwizigama ku bushake bwe.

lngingo  ya 22:  Imicungire   y’Umutungo

Umutungo    w’Ikimina   ubikwa   kuri Konti  y’Ikimina muri Banki yemejwe n’Inteko Rusange.       Abasinya kuri iyo konti na bo bemezwa n’Inteko Rusange. – .:

Konti  y’Ikimina niyo ishyirwaho  imigabane n’imisanzu   y’abanyamuryango, ikaba ari nayo ikurwaho  amafaranga  ahabwa abanyamuryango.

Ingingo  ya 23:  Ibitabo   by’Ikimina  “Duhirwe”  ni ibi bikurikira:

  • Igitabo cya Rapro z’Inama
  • Igitabo cy’Abayamuryango b’Ikimina
  • Igitabo cy’imisanzu n’ubwizigame bw’Abanyamuryango.

UMUTWE WA V: UBURYO INAMA Z’IKIMINA ZIKORWA

 

Ingingo ya 24: Inama z’inzego ziyobora ikimina  

Inama z’inzego z’Ikimina zishobora gukorwa ku buryo bw’imbona nkubone cyangwa bw’ikoranabuhanga bitewe n’ubko abagize izo nzego babanje kubyumvikanaho.     Abagize urwego uru n’uru kandi bashobora kugirira ibiganiro bigamije gutegura inama ku mbuga nkoranyambaga nka “Whatsapp”.

Imyanzuro y’amatsinda agize ikimina ishobora gufatirwa ku rubuga abagize itsinda bahuriyeho.

UMUTWE WA VI: INGUZANYO

Ingingo ya 25: Gusaba inguzanyo

Umunyamuryango wese wujuje umusanzu w’ibihumbi ijana (100,000RWF) ashobora kwaka inguzanyo akayihabwa. Inguzanyo zisabwa binyuze mu itsinda ari na ryo ryishingira abarigize.

 

Ingingo ya 26: Icyemezo cyo gutanga inguzanyo

Icyemezo cyo gutanga inguzanyo gifatwa na Komite Nyobozi yaguye cyangwa itaguye ishingiye ku izuzumwa ry’ubusabe bw’inguzanyo ishyikirizwa na Komite ishinzwe inguzanyo.

Ingingo ya 27: Inyungu ku nguzanyo n’igihe imara

inguzanyo itangwa N’Ikimina « Duhirwe » itangwa ku mezi atatu, atandandatu, umwaka.  Inyungu  ku nguzanyo  ingana  n’amafaranga atatu ku ijana  (3%) ku nguzanyo itazarenza amezi atandatu. Ku nguzanyo yemewewe amazzi arenze atandatu inyungu ni amafaranga 2% ku kwezi. Kuri buri nguzanyo, inyungu zirabarwa zikishyurwa mbere.

 

 

Ingingo ya 28: Inguzanyo   y’ingoboka

Abanyamuryango bizigamye bashobora guhabwa inguzanyo y’ingoboka itangwa mu gutabara umunyamuryango  ugize  ikibazo gitunguranye. Iyo  nguzanyo ntizirenza  amafaranga   ibihumbi ijana (100.000  Frw). kandi iva mu bwizigame bw’abanyamuryango. Iyo nguzanyo itangwa nta  nyungu  kandi  yishyurwa bitarenze igihe cy’amezi atatu.

                 UMUTWE WAVI: INYUNGU ZINJIJWE N’IKIMINA

 

Ingingo ya 28: Kugabana inyungu  no gusubizwa umusanzu

Mu mpera za buri maka Inteko Rusange y’Ikimina yemeza inyungu zabonetse n’uburyo bwo kuzigana.

Ingingo ya 29: Gusubiza iukunyanuryango usezeye

Igihe Umunyamuryango asezeye asubizwa imisazu ye n’ubwigame bwe havuyemo imyenda  n’ibihombo byabonetse ku mutungo  rusange. Ku nyungu zavuye mu musanzu we, ahabwa 75% andi agaasigara mu kimina.

Ingingo ya 30: Iseswa ry’Ikimina

Ikimina “Duhirwe” gishobora gusaswe bitewe nigihombo  cyangwa se bigaragaye ko intego cyashyiriweho zagezweho .  Icyemezo  cyo gusesa  Ikimina gifatwa  n’Inteko Rusange ku bwiganze  bwa 2/3 by’Abanyamuryango. Ikimina kiramutse gisheshwe, abanyamurayngo basubizwa umusanzu buri wese yaba agifitemo hamwe n’ubundi bwizigame bwe, bakagabana n’inyugu zose zabonetse.

 

Ingingo ya 31:   Kubika Inyandlko z’Ikimina 

Inyandiko   z’Ikimina zibikwa aho Umunyamabanga n’Umubzitarz’ikimina  bisabirwa uruhushya mu rwandiko rwandikiwe Perezida w’Ikimoina.

UMUTWE  WA IX: IBIHANO

 

Ingingo  ya 32:  Ibihano by’ubukerererwe

Ibihano bitangwa kubera ubukererwe mu nama, mu gutanga umusanzu no mu kwishyura inguzanyo ku matariki n’igihe cyumvikanyweho.

  1. Gukererwa inama bihanishwa amande y’amafaranga igihumbi (1000Rwf) kuri buri saha y’ubukerwerwe;.
  2. Gukererwa kutanga umusanzu bihanishwa amafaranga angana na 1% ku kwezi by’amafaranga yagomba gutangwa;
  3. Gukererwa kwishyura inguzanyo bihanishwa amande angana na 2% ku kwezi by’igice cy’inguzanyo cyagombaga kwishyurwa.
  4. Gusiba inama nta mpamvu yumvikana yatanzwe, bihanishwa amande y’ibihumbi (5,000Rwf)

 

Ingingo ya 33:  Kongera cyangwa guhindura amategeko

Aya mategeko  ashobora  kuvugururwa  cyangwa  agahinduka  biturutse ku cyifuzo gitorewe n’Inteko  Rusange ku bwiganze bwa 2/3.

Ingingo ya 34:  Igihe aya amategeko atangira   gukurikizwa

Aya  mategeko    atangira    gukurikizwa    uhereye    igihe   yemerejwe n’Inteko  Rusange  kandi agashyirwaho  umukono  n’Abagize Komite Nyobozi batowe.

‘.

Bikorewei Kigali, ku wa 10/01/2025

Komite Nyobozi yatowe:

  • MURENZI Safari, Perezida
  • AKAYEZU Elisabeth, Visi-Perezida:
  • NGARUKIYINTWARI Appolon, Umwanditsi:
  • MUTABARUKA Romuald, Umubitsi
  • UWIMANA RUSEZERA Jean Pierre, Umujyanama wa 1
  • UWAMAHORO Henriette, Umujynama wa 2

UKUNDAYEZU JMV, Umujyanama wa 3

← Back

Thank you for your response. ✨

← Back

Thank you for your response. ✨

← Back

Thank you for your response. ✨

A web developer working on code in a modern office setting with multiple devices.